Iremezo

Ese abanyamategeko bavuga iki kukuba itegeko ridateganya inyoroshya cyaha kuba ingimbi y’imyaka 19 yabyarana n’umwangavu 17 ?

 Ese abanyamategeko bavuga iki kukuba itegeko ridateganya inyoroshya cyaha kuba ingimbi y’imyaka 19 yabyarana n’umwangavu 17 ?

Harindimana n’izina twamwise   afite imyaka 19  avuga ko  yakundanye n’umukobwa w’imyaka 17  bikarangira amuteye inda  ubwo bigaga muyisumbuye ,  ibyo bakoze ngo babikoze kuko bakundanaga ariko ababyeyi babo. Baje gusaba ko yafungwa kuko  ngo yateye inda umwana uri munsi y’imyaka 18  birangira agiye gufungwa .

Ese itegeko riteganya iki kuwasambanyije umwana ? Itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyahan’ibihano muri rusange .Ingingo ya 133 y’iri tegeko, rivuga ko umuntu wese ukorera ku mwana kimwe mu bikorwa bishingiye ku gitsina bikurikira, aba akoze icyaha

1º gushyira igitsina mu gitsina, mu kibuno cyangwa mu kanwa k’umwana;

2º gushyira urugingo urwo arirwo rwose rw’umubiri w’umuntu mu gitsina, cyangwa mu kibuno cy’umwana;

3º gukora ikindi gikorwa cyose ku mubiri w’umwana hagamijwe ishimishamubiri. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka makumyabiri (20) ariko kitarenze imyaka makumyabiri n’itanu (25).

Iyo gusambanya umwana byakorewe ku mwana uri munsi y’imyaka cumi n’ine (14), igihano kiba igifungo cya burundu kidashobora kugabanywa kubera impamvu nyoroshyacyaha.

Iyo gusambanya umwana ufite cyangwa urengeje imyaka cumi n’ine (14) byamuteye indwara idakira cyangwa ubumuga, igihano kiba igifungo cya burundu.

Iyo gusambanya umwana byakurikiwe no kubana nk’umugabo n’umugore, igihano kiba igifungo cya burundu kidashobora kugabanywa kubera impamvu nyoroshyacyaha.

Iyo icyaha cyo gusambanya umwana cyakozwe hagati y’abana bafite nibura imyaka cumi n’ine (14) nta kiboko cyangwa ibikangisho byakoreshejwe, nta gihano gitangwa.

Mu rwego rwo gutangiza iminsi 16 yo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, imiryango itandukanye, harimo AJPRODHO Jijukirwa, Umuryango utari uwa Leta Uharanira Uburenganzira bw’Ikiremwa Muntu mu Biyaga Bigari (GLIHD); bagaragaje bimwe mu bibazo bituma ridacika n’uburyo rigomba kurwanywa  rigacika burundu.

Mubyo bagaragaraje harimo ihohotera rikorerwa mumuryango ;ritera abana kuva iwabo bikarangira batwaye inda  zimburagihe ,hari kandi n’irari ry’abana ndetse n’abana  baba bashaka kumva uko gusambana bimera ,bikarangira batwaye inda ,binabakururira imibereho mibi ;icyiyongeraho ngo giteye inkeke  Sosiyete sivile nukuba   umwana w’umukobwa (uri munsi y’imyaka 18) wabyariye iwabo agihabwa akato n’ababyeyi, abaturanyi ibi ngo nibikorwa bigayitse  byo bakwita ko. Ari  ihohoterwa rimuvutsa uburenganzira bwa kimuntu. Babajijwe icyo batekereza kukuba  hari abakobwa  babyarana nabo benda kunganya imyaka

Ese abanyamategeko bavuga iki kukuba itegeko ridateganya inyoroshya cyaha kuba ingimbi y’imyaka 19 yabyarana n’umwangavu 17 ?

Ubundi nko muri America haba irengayobora mumategeko kuri ikikibazo ariko mu Rwanda ntabwo biteganywa icyakora ngo ubuvugizi burakwiye kuko ngo bakurikije ibijyanye n’imitekerereze bavuga ko  umukobwa wiyo myaka aba Arusha ubwenge umuhungu  ,kuburyo ibyakozwe  nabombi bishobora gufatwa nkibitari icyaha ibi bigaragaza ko ari ahamategeko kugirango bazamure izingingo ,itegeko rikaba ryasubirwamo . Umunyamategeko muri GLIHD, Kalinda Jean Damascène Ndabirora, Yagize, ati « uruhare rwacu ni nk’imiryango itari iya leta ndetse namwe abanyamakuru nugutegura  ibyashyikirizwa urukiko rw’ikirenga kugirango rwige kuri ubwo busabe  niba bwagira akamaro.

Umuyobozi wa AJPRODHO Jijukirwa, Antony Busingye, we yavuze ko abo bakobwa babyaye badakwiye  gusunikirwa kwiga aamashuri y’imyuga gusa ahubwo bakwiye kujya mu ishuri nkabandi ,bakiga neza kandi ngo ntawe bazabihatira  ,gusa  abakobwa nabo basabwa kudaterwa ipfunwe nuko babyaye bakiri batoya  . imibare itangwa n’ubushnjacyaha. Igaragaza ko Abana basambanyijwe bagaterwa inda bakabyarira kwa muganga muri 2017 bari 17,337, muri 2018 bari 19,832 muri 2019 baba 23,628.

Web Master

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *