Iremezo

Ibimera bifite ibanga mu buvuzi gakondo

 Ibimera bifite ibanga mu buvuzi gakondo

Akamaro kimwe mumiti y’ibyatsi abantu benshi bazi mu Rwanda. uyumunsi turababwira akamaro k’inyabarasanya

Inyabarasanya

Muganga Rutangarwamaboko yatubwiye ko inyabarasanya ari icyatsi gifite akamaro cyane mu mibereho y’Abayarwanda kuva kera, kuko ngo yakoreshwaga mu komora, igihe umuntu akomeretse agafata ibibabi by’inyabarasanya, akatuvuguta agakamurira aho yakomeretse, igikomere kigakira.

Inyabarasanya kandi ivura ibyo mu nda ku bana b’impinja. Hari abana barwara ibyo mu nda bakaribwa mu nda kuva bakivuka kugeza bagejeje ku mezi nibura atatu. Abaganga bavuga ko ari amara y’umwana aba akura, agenda yirambura, bigatuma umwana ababara akarira cyane. Muganga Rutangarwamaboko avuga ko inyabarasanya ivanze n’ibindi byatsi ivura ibyo mu nda.

Inyabasanya ivanze n’indi miti kandi, Muganga Rutangarwamaboko yemeza ko ari umuti w’igifu, gusa ngo si byiza ko umuntu yapfa kuyahira akayikoresha uko abonye, kuko hari abahanga mu ikoreshwa ry’imiti y’ibyatsi, ibyiza rero bikaba ari ukubanza kureba, ubisobanukiwe akagufasha, mbere yo gukoresha umuti uwo ari wo wose w’ibyatsi.

Mu gihe cyo hambere kandi inyabarasanya yakoreshwaga nk’umutsindo, ingabo z’u Rwanda zajya ku rugamba, hakaba hari abanyamitsindo, abagangahuzi, abapfumu n’abandi, bagakoresha iyo nyabarasanya bati ‘uturasanire.’ Ikindi kandi bayikoreshaga batongera abanzi babo ngo barasane hagati yabo, kugira ngo babone uko babatsinda.

Inyabarasanya kandi, abagore ngo bayikoreshaga mu nzaratsi, bagira ngo batongere bakeba babo, bajye bahora barasana n’abagabo, mbese ntibakumvikane, kugeza bananirwanywe, nyuma abagabo bakabagarukira. Gusa iyo nyabarasanya ngo bayivangagamo indi miti.

Web Master

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *