Iremezo

Turukiya: Uko umuryango wose warokotse umutingito kubera akanyoni

 Turukiya: Uko umuryango wose warokotse umutingito kubera akanyoni

Ikinyamakuru the State News Agency kivuga ko ako kanyoni bita izina rya Mavis, kari kamaze amezi atatu gusa kageze muri uwo muryango.

Ba nyirako batuye mu gace ka Pazarcik, bavuga ko kuva bakazana katakundaga kuririmba nk’izindi nyoni ngenzi zako, ariko ngo mbere y’uko umutingito uba mu ijoro ryo ku itariki 06 Gashyantare 2023, kavugije amajwi adasanzwe, gakubita amababa cyane, kanazenguruka mu kazu kako mu buryo budasanzwe.

Nyuma gato yo kubyuka ngo barebe icyo kabaye, ni bwo umutingito ufite igipimo cya 7,8 watangiye kujegeza akarere batuyemo bahita bakizwa n’amaguru kandi bose bararokoka.

Kuva ubwo bahise barekera aho kugafungirana mu kazu kako, na ko karabakundira kagumana na bo mu icumbi ry’agateganyo, aho abantu benshi bakomeje kugasura n’amatsiko menshi.

Uwo muryango uvuga ko imbwa zo mu gace bari batuyemo na zo ngo zabanje kumoka mu buryo budasanzwe mbere y’umutingito.

Imibare iheruka gushyirwa ahagaragara irerekana ko umutingito wahitanye abantu babarirwa mu 45.000 wangiza ibikorwa remezo bitagira ingano muri Turukiya na Siriya.

Hagati aho ubuyobozi bwa Turukiya bwavuze ko bugiye gukora iperereza ku mpamvu yatumye hasenyuka amazu kariya kageni.

Kugeza ubu abantu 100 ni bo bamaze gutabwa muri yombi.

source.kigalitoday

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *